abaturage biyemeje kubungabunga ibidukikije basigasira imigano
mu Karere hizihijwe umunsi wahariwe igihingwa cy'umugano ku rwego rw'igihugu, umunsi mpuzamahanga w'umugano "World bamboo day", ku rwego rw'Akarere wizihirijwe mu Murenge wa Kinihira.
abatuarage bibukijwe ko bafite inshingano yo kubungabaunga ibidukukije by'umwihariko inkombe z'amazi batera imigano.
ubwo hizihizwaga uyu munsi, hagaragajwe ibikorwa bya "Ecoplanet Bambo ltd" ikora harimo kubungabunga inkombe z'imigezi haterwa imigano ku burebure bwa km 307, gutunganya igishanga cya Nyabibitare, kubakira abatishoye uturima tw'igikoni, inzu zo guturamo mu Karere.
Ubuyobozi bw'Akarerere buri kumwe n'Umuyobozi wa Ecoplanet ku rwego rw'igihugu, DG wa Rwanda Water Resources Board, DG wa REMA na RFA, bifatanije n' Abaturage b'Imirenge ya Bweramana na Kinihira n'inzego zitandukanye kwishimira uyu munsi.
ibikorwa byo kubungabunga inkombe z'imigezi mu karere byahaye akazi abasaga ibihumbi 5000 by'umwihariko urubyiruko.