ABATUYE AKAGARI KA MUSAMO BIJEJE UBUYOBOZI BW’AKARERE IMPINDUKA MU ITERAMBERE
Buri wa kabiri haba inteko y’abaturagage muri buru mudugudu. Mu Murenge wa Ruhango, Akagri ka Musamo, inteko y’abatuarage yayobowe n’Umuyobozi w’Akarere Valens Habarurema ari kumwe n’izindi nzego.
Abatuye Akagari ka Musamo biyemeje kuzahiga abandi kuko amahugurwa n’uburyo ubuyobozi butandukanye bubegera byabafashije kuzamura imyumvire.
Mu karere hose hari kuba amarushanwa y’imidugugudu aho buri mudugudu ufite ibipimo 50 bisanzwe bikorwa mu buzima bwa buri munsi bw’abatuarge.
Abatuye akagari boise biyemeje gusenyera umugozi umwe, gukora amanywa n’ijoro bagamije ko :
Abana bose ndetse n’abakuru banditse mu irangamimerere (kwandika abavutse, abapfuye, imiryango yose ibana irasezeranye, etc) |
Abaturage bishyura neza inguzanyo za VUP/FS n’izindi zose |
Amarerero akora neza |
Amatungo yose akingiye |
Amatungo yose ari mu bwishingizi |
Buri muntu mu Mudugudu agomba kuba afite isuku ku mubiri no ku myambaro |
Buri muturage azi ikivugo cya“Tugire umutekano” |
Buri Muyobozi mu Mudugudu yitabira “ISHURI RY’UMUYOBOZI” |
Buri rugo rufiteikaye y’imihigo |
Buri rugo rufiteikimoteri cy’ifumbire/ingarani kandigikora neza (hatagendewe ko mu rugo hari itungo) |
Burirugo rufite MUSA(Mitiweli) |
Buri rugo rufite nibura ibiti 3 by’imbuto |
Buri rugo rufite uburyo bwo gusukura amazi (kuyateka, sur eau, etc) |
Buri rugo rufiteuburyo bwo kwizigama |
Burirugo rufite ubwiherero bwujuje ibisabwa |
Buri rugo ruri muri Smart Nkunganire |
Burirugo rwanditse muri EjoHeza |
Buri rugo rwizigamira muri EjoHeza |
Buri rugo rwoserufite akarima k’igikoni |
Ibinogo n’ibyobo byose bifunze/bipfutse, n’ibindi.
Abatuye Akagari ka Musamo biyemeje kuzesa ibipimo byose byavuzwe haruguru ndetse n’ibidi bisigaye bitagaragajwe. |