Biyemeje guhanga imirimo myinshi ku rubyiruko n'imiryango ikennye

Abitabiriye inama nyunguranabitekerezo ku iterambere ry’Akarere ka Ruhango, mu gitaramo cy’umuco cyiswe ’#TurimuRuhango’, bagaragaje ko guhanga imirimo ari yo nzira irambye yatuma Akarere ka Ruhango n’abaturage bako biteza imbere, kandi urubyiruko rugatekerezwaho kuko usanga rukibaza ko ruzahabwa akazi.

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango Habarurema Valens, avuga ko ako karere gafite byinshi bagiye kurushaho kubyaza umusaruro, birimo ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro na kariyeri, ubukerarugendo bushingiye ku muco n’ubushingiye ku Iyobokamana, ndetse n’ubuhinzi bw’imyumbati, kawa, ubworozi n’ishoramari riri ku rwego rwisumbuyeho.

Atanga ingero ku Ngoro ya Yezu Nyirimpuhwe irimo kuvugururwa kugira ngo igere ku rwego rwo kwakira abayigana bakabaho neza, babona aho kuryama no gufatira amafunguro, kandi Abashoramari bakwiye kwerekezayo amaso.

Avuga kandi ko hari Akagari kose ka Rwoga kagiye kwimurwamo abaturage hakubakwa ikibuga cy’indege zirimo n’inini, kandi uwo mushinga ukwiye kubera buri wese by’umwihariko Abanyaruhango gutekereza ishoramari yakora ashingiye kuri icyo kibuga cy’indege.

Hari kandi ikibuga cyo kwigishirizaho imodoka kigezweho, ibyo byose bikajyana no gukomeza kubaka ibikorwa remezo by’amazi n’amashanyarazi, kugira ngo abaturage boroherwe no gushora imari no kugeza umusaruro ku isoko.

Munyakazi Sadate asanga gukorera mu biro bitera ubukene

Muri icyo kiganiro, Mukanyazi Sadate wari watumiwe yihereyeho uko yazamutse, yavuze ko inzira imwe yonyine yo kugera ku bukire, ari ukwihangira akazi kuko iyo ukorera undi adashobora kukureka ukira, kandi ko umushahara uhembwa ukorera abandi ukubera imbata y’ubukene cyangwa kugera ku iterambere bikakugora, kugera n’aho bidashoboka ahubwo.

Perezida w’Inama Njyanama y’Akarere ka Ruhango Gasasira Jérôme, avuga ko abakene bagira ingeso zijyanye n’ubukene bwabo, kandi ko gutera imbere bigomba kujyana no kurwanya ubukene mu baturage bityo bakarema umuntu ureba kure aho guhugira mu maganya y’ubukene.

Agira ati "Kurwanya ubukene no gufasha abatishoboye ni imwe mu nzira yo kurema umuntu ugendana n’iterambere, kuko abakene bagira ingeso za gikene zituma batiteza imbere".

Igitaramo cy’umuco Turi mu Ruhango kandi cyaranzwe no kumurika ibyo abaturage bagezeho, kumurika ibikorwa bishingiye ku muco, kwidagadura no gusangira ibiryo gakondo.

Back