HARASABWA KO UBUHAMYA, AMAJWI N’AMASHUSHO BIKORWA MU GIHE CYO KWIBUKA BIBIKWA MU NZU Y’AMATEKA YA JENOSIDE.

Ubuyobozi bw’Umuryango Uharanira inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, IBUKA, butangaza ko usibye kwigisha amateka ya Jenoside, inzu y’amateka igomba gushyirwamo ubuhamya bwinshi bushoboka, nk’uko bigaragara mu nzu y’amateka ya Jenoside yakorewe Abayahudi yubatse muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.


Umuyobozi wa IBUKA Dr. Gakwenzile Philbert, agaragaza ko umwe mu barokotse Jenoside y’Abayahudi wanditse ibitabo byinshi, yavuze ko Ubuhamya ku mateka ya Jenoside ari ingenzi cyane, kuko bugaragaza ishusho y’uwabaye muri ayo makuba bya nyabyo ku babyiruka n’abasura inzibutso kandi ko abatangabuhamya bagenda basaza, ari nayo mpamvu hakwiye kwifashishwa Ikoranabuhanga mu kubika ubwo buhamya.


Agira ati "Uwarokotse Jenoside akwiye kugaragaza ikiganiro yagiranye n’urupfu, kuko uwarokotse yahuye n’urupfu kenshi, kandi Abatutsi bapfuye inshuro nyinshi, hakwiye ubufatanye n’inzego zose zirimo na za Minisiteri ayo majwi n’amashusho akabikwa hano, tubikorera abana bacu ngo bazasobanukirwe Jenoside icyo ari cyo, n’uko bazakura barushaho guhangana nayo ngo itazongera ukundi".
 

Back